• Thu. Sep 28th, 2023

Umunyamakuru Jado Castar yatawe muri yombi

By

Sep 21, 2021
Let others know!

Umunyamakuru w’imikino akaba n’umuyobozi wa kabiri wungirije w’ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda(FRVB), Bagirishya Jean de Dieu uzwi nka Jado Castar yatawe muri yombi akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano.

Ibi bibaye nyuma y’uko ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagore ya Volleyball isezerewe mu irushanwa ry’igikombe cya Afurika cyaberaga mu Rwanda kubera gukinisha abakinnyi bane bakomoka muri Brazil aho bivugwa babonye ubwenegihugu mu buryo butari bwo.

Byatumye irushanwa rihagarara iminsi hafi itatu, aho u Rwanda rwavugaga ko rurengana, federasiyo mpuzanahanga y’umukino wa Volleyball (FIVB) itegeka rikomeza u Rwanda rutarimo n’aba bakinnyi bagahanwa ndetse n’abayobozi ba FRVB batarimo, ariko u Rwanda narwo ruvuga ritakomeza rutarimo bityo nirutemererwa gukina ridakomeza, gusa byaje kurangira rikomeje.

Jado Castar bivugwa ko ari we wari mu nshingano zo gukurikirana ibyangombwa byo kugira ngo Aline Siqueira, Apolinario Caroline Taiana, Mariana Da Silva na Moreira Bianca Gomes baze gukinira u Rwanda.

Ku Cyumweru nibwo haje inkuru y’uko uyu mugabo ari kumwe n’ahandi bayobozi ba feserasiyo bitabye RIB, umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yemeje ko ejo hashize ku wa Mbere bamutaye muri yombi aho arimo akorwaho iperereza ku cyaha cyo gukoresha impapuro mpimbano.

Ati “Ni byo yatawe muri yombi. Ari gukorwaho iperereza, akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano mu gushyira mu bikorwa inshingano ze.’’

Iperereza rikaba rigikomeje ndetse n’abandi bayobozi bo muri FRVB barimo kurikorwaho ngo barebe niba hari undi ubifitemo uruhare, ni mu gihe na perezida w’iri shyirahamwe, Me Ngarambe Raphaël na we yatumuijweho arabazwa ariko arataha.

Jado Castar yatawe muri yombi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *