Guhoberana bikorwa mu buryo bwinshi, ariko twavuga bumwe muri bwo n’icyo busobanura
1. Kwihobera ubwawe (L’auto-câlin)
Ibi bikorwa n’umuntu wumva akeneye kwitabwaho ariko ntamubone ako kanya. Bituma yumva aruhutse, ndeste ni n’uburyo bwo kwivura mu buryo bw’imitekerereze.
2. Guhoberana abantu basa n’ababyina buhoro buhoro
Umwe azamura amaboko ku ntugu za mugenzi we, undi nawe akamufata mu mayunguyungu, bagasa n’abarebana akana ko mujisho, imitima ikavugana byinshi.
3. Guhoberana kw’abantu basumbana (Le Câlin à hauteur inégale)
N’ubwo umwe aba ari muremure asumba mugenzi we, ntibibabuza guhuza urugwiro, agerageza guca bugufi gato, undi nawe agasa n’uwisumbukuruza kugira ngo ashyikire umukunzi we. Bikorwa n’abantu bafitanye umubano udasanzwe.
4. Guhobera umuntu umututse inyuma (Une étreinte par le dos ou inversée)
Ubu buryo bwo guhobera mugenzi wawe buvuga byinshi mu rukundo. N’ubwo waba ntacyo uramubwira kijyanye no kuba umukunda, we ashobora guhita abyibwira. Ubu buryo busobanura kandi ko uwahobeye mugenzi we amuturutse inyuma agahuriza amaboko ye imbere, aba amwijeje kumwitaho no kumurinda.
5. Guhoberana buri muntu mu gituza cya mugenzi we (Câlin de coeur à coeur)
Ni bwo buryo bwa mbere bugaragaza urukundo mvamutima. Ni bwo buryo abakuru bo hambere bahoberanamo cyane cyane, umuntu ukuze akabikorera umuto asa n’umukandakanda mu mugongo, mu rushyi rw’ukuboko, biherekejwe n’amagambo akomeza (ahumuriza), y’urukundo.
6. Guhobera umuntu yitaje undi (L’étreinte en forme de A/ câlin de tipi)
Ubu buryo bwo guhoberana bukorwa hagati y’abantu bahuye bwa mbere, ariko bakaba bari bakumburanye, cyangwa se abakundana mu ibanga badashaka ko bimenyekana nkuko kigalitoday ikomeza ibivugaho.
7. Guhoberana mu itsinda (L’étreinte de groupe)
Abantu bahoberana ari benshi icyarimwe, akenshi aba ari nk’ikimenyetso cy’ubumwe bafitanye. Bikunze gukorwa bishimira intsinzi runaka mu mushinga bemeranyije, bakanakorera hamwe.
8. Guhoberana hagati y’abagabo/abahungu bombi (L’étreinte masculine)
Ni guhoberana gukorwa n’abantu babiri b’igitsina gabo. Umwe akubita undi agapfunsi ko mu mugongo cyangwa se mu gihumbi, ntibimara akanya bahita barekurana, bigakomereza mu mvugo.
9. Guhoberana umwe ateruye undi (L’étreinte d’ours)
Bikunze gukorwa hagati y’abakundana, cyane cyane umugabo/hungu, agahobera umugore/kobwa, akanamuterura. Ni imwe mu ndamukanyo ikundwa n’abagore n’abakobwa kuko ituma bumva bakunzwe kurushaho.