• Thu. Sep 28th, 2023

Reba uko byakugendekera uramutse uhagaritse kunywa inzoga byibura mugihe cy’ibyumweru 12

By

Dec 21, 2020
Let others know!

Nubwo gufata ku gasembuye mu rugero nta cyo bitwara cyane ubuzima bw’umuntu, ariko nanone kunywa ukarenza igipimo si byiza na gato, kuko bizanira umubiri ibibazo binyuranye hanarimo n’indwara zitandukanye.

Ushobora kuba uri umwe mu bantu badshobora kurara badafashe ku gasembuye, uti kabe gacye ariko ngasome, ariko ushobora kwibaza uti, ese byagenda bite ndamutse nshoboye kumara amezi atatu nta gasembuye mu mubiri? Reba uko byakugendekera hano:

1. Umutima ukora neza.

Nubwo gufata ku gasembuye mu rugero nta cyo bitwara cyane ubuzima bw’umuntu, ariko nanone kunywa ukarenza igipimo si byiza na gato, kuko bizanira umubiri ibibazo binyuranye hanarimo n’indwara zitandukanye.

Ushobora kuba uri umwe mu bantu badashobora kurara badafashe ku gasembuye, uti kabe gacye ariko ngasome, ariko ushobora kwibaza uti, ese byagenda bite ndamutse nshoboye kumara amezi atatu nta gasembuye mu mubiri? Reba uko byakugendekera hano:

1. Umutima ukora neza.

Ahari wasomye ko ka divayi ari keza ku buzima bw’umutima, ni byo koko ariko mu gihe unywa nturenze igipimo cyemewe. Niba unywa ukarenza urugero, kuba wahagarika inzoga bizaringaniza umuvuduko w’amaraso kandi bitume umutima ukora neza.

2. Umwijima ukora neza.

Inzoga nyinshi zangiza umwijima kandi ni wo ushinzwe gusukura umubiri ukuramo uburozi. Gusa inkuru nziza ni uko iyo uhagaritse kunywa inzoga umwijima utarangirika cyane wongera ubwawo ukisana.

2. Umwijima ukora neza.

Inzoga nyinshi zangiza umwijima kandi ni wo ushinzwe gusukura umubiri ukuramo uburozi. Gusa inkuru nziza ni uko iyo uhagaritse kunywa inzoga umwijima utarangirika cyane wongera ubwawo ukisana.

3. Mu buriri bigenda neza.

Nubwo gacye gashobora kugutera akanyabugabo ariko kunywa inzoga cyane biri mu bigabanya ingufu mu buriri ku bagabo aho akenshi bibatera kurangiza vuba, bikagabanya umubare w’intanga n’ubwinshi bw’amasohoro. Guhagarika inzoga biri mu byakemura icyo kibazo. Ku bagore na bo kunywa inzoga cyane cyane likeri biri mu bituma buma, naho izindi za rufuro zikabagabanyiriza ububobere (tandukanya ububobere n’amavangingo)

4. Usinzira neza.

Niba wari uzi ko inzoga itera ibitotsi waba waribeshye. Nibyo koko ubanza gusinzira ho ariko iyo wicuye kongera kubona agatotsi biba ikibazo. Si ibyo gusa kuko iyo wanyoye nyinshi ubyuka kenshi ujya kunyara, bikabangamira gusinzira. Kuba uhagaritse inzoga bizagufasha gusinzira neza.

5. Ubwonko busukuye.

Kunywa inzoga kenshi biri mu bituma utabasha kwibuka ibintu ndetse bikanatuma utabasha kureba neza, bamwe binabatera isusumira ibi byose kuko ubwonko bwagize ikibazo. Iyo uyihagaritse rero ubwonko bwikorera isuku kwibuka bikagaruka.

6. Ibiro byagabanyuka

Abanywa inzoga cyane usanga bagira ibinure ku nda kubera calories ziba mu nzoga. Kandi burya uretse iyo wasinze, inzoga zituma urya cyane ibi rero bigatuma wongera ibiro bidasanzwe. Kuba uzihagaritse ni kimwe mu bizatuma ibiro bigabanyuka.

7. Byongera ubusabane

Yego ni byo inzoga ni gahuzamiryango, ntawabihakana. Ariko se inzoga nyinshi uzi ingo yashenye? Uzi ibibazo yateje mu bantu? Kuzihagarika bizongera bikugarurire imibanire myiza haba mu rugo, ku kazi no mu baturanyi

8. Kugabanya ibyago bya kanseri.

Kunywa inzoga kenshi byongera ibyago byo kurwara kanseri cyane cyane iyo mu muhogo, mu mwijima n’amabere. Kuba uhagaritse inzoga bizakugabanyiriza ibyago byo kurwara izo kanseri.

6. Ibiro byagabanyuka

Abanywa inzoga cyane usanga bagira ibinure ku nda kubera calories ziba mu nzoga. Kandi burya uretse iyo wasinze, inzoga zituma urya cyane ibi rero bigatuma wongera ibiro bidasanzwe. Kuba uzihagaritse ni kimwe mu bizatuma ibiro bigabanyuka.

7. Byongera ubusabane

Yego ni byo inzoga ni gahuzamiryango, ntawabihakana. Ariko se inzoga nyinshi uzi ingo yashenye? Uzi ibibazo yateje mu bantu? Kuzihagarika bizongera bikugarurire imibanire myiza haba mu rugo, ku kazi no mu baturanyi

8. Kugabanya ibyago bya kanseri.

Kunywa inzoga kenshi byongera ibyago byo kurwara kanseri cyane cyane iyo mu muhogo, mu mwijima n’amabere. Kuba uhagaritse inzoga bizakugabanyiriza ibyago byo kurwara izo kanseri.

Kunywa inzoga kenshi byongera ibyago byo kurwara kanseri cyane cyane iyo mu muhogo, mu mwijima n’amabere. Kuba uhagaritse inzoga bizakugabanyiriza ibyago byo kurwara izo kanseri.

Kunywa inzoga kenshi biri mu bituma utabasha kwibuka ibintu ndetse bikanatuma utabasha kureba neza, bamwe binabatera isusumira ibi byose kuko ubwonko bwagize ikibazo. Iyo uyihagaritse rero ubwonko bwikorera isuku kwibuka bikagaruka.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *