• Mon. Sep 25th, 2023

Dore bimwe mu byo abantu bakunda gukora bishobora kubageza ku rupfu vuba

ByFabos Fali

Jan 4, 2021
Let others know!

Dore bimwe mu byo abantu bakunda gukora bishobora kubageza ku rupfu vuba. Ubuzima niyo mpano ikomeye twahawe kandi usanga imirimo ya muntu ya buri munsi iganisha ku kugira ubuzima bwiza , ariko hari ibyo tutitaho nyamara bishobora gutuma bwa buzima bwiza twaharaniye tutabubamo.

Hari bimwe mu bikorwa abantu bakunze gufata nk’ibyoroshye ariko iyo ukurikiranye usanga bigira ingaruka zikomeye ku buzima bwa muntu ndetse hatagize igihinduka bikaba byakubyarira urupfu rwihuse.

Amakuru dukesha IGIHE yifashije urubuga HealthDigest yatangaje imwe mu mico ishobora gutuma upfa vuba, utayirinze nta kabuza ubuzima bwawe bukajya mu marembera.

Kumara umwanya munini wicaye

Iyo umunsi wawe amasaha yawo menshi uyamara wicaye nta kabuza uba uri gusatira urupfu. Nk’iyo umara amasaha menshi wicaye uhugiye kuri televiziyo ubuzima bwawe buba buri mu marembera.

Kuba ushobora kumara hejuru y’amasaha umunani wicaye uri mu bintu bitandukanye utafashe umwanya wo guhaguruka ngo uhuruke , ibi bigukururira urupfu kandi vuba.

Ubuzima niyo mpano ikomeye twahawe kandi usanga imirimo ya muntu ya buri munsi iganisha ku kugira ubuzima bwiza , ariko hari ibyo tutitaho nyamara bishobora gutuma bwa buzima bwiza twaharaniye tutabubamo.

Hari bimwe mu bikorwa abantu bakunze gufata nk’ibyoroshye ariko iyo ukurikiranye usanga bigira ingaruka zikomeye ku buzima bwa muntu ndetse hatagize igihinduka bikaba byakubyarira urupfu rwihuse.

.

Sitting for Long Periods of Time? It Can Actually Affect Your Brain
kumara umwanya munini wicaye sibyiza kumubiri

Kudasinzira igihe gihagije no gusinzira igihe kinini cyane

Ubushakashatsi bwagaragaje ko umuntu utaryama byibuze amasaha atanu mu ijoro aba afite ibyago byo gupfa vuba.

Nubwo kuryama bigabanya ibyago byo gupfa vuba ariko kuryama umwanya munini nabyo bishobora kugukururira urupfa rwihutse.Ubushakashatsi bwo muri Kaminuza ya Harvad mu ishami ry’ubuvuzi bwagaragaje ko umuntu uryama amasaha arenze icyenda aba afite ibyago byo gupfa vuba.

Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko iyo uryamye igihe kirekire cyane ushobora kurwara diabète ndetse n’indwara z’umutima, ibi bikaba byakubera irembo ry’urupfu rwihuse.

11 Effects of Sleep Deprivation on Your Body
kutaryama ihihe gihagije nabyo bigira ingaruka mbi kubuzima

Kurya inyama zitukura cyane

Ushobora kurarira ifunguro ririho inyama iri joro ntugire icyo uba ariko iyo ubihinduye umuco ku ifunguro ryawe ntihabureho inyama zitukura nta kabuza uba uri kwicukurira imva.

Cutting back on beef can lengthen your lifespan, but by how much? | Popular  Science
inyama zitukure ziri mubyangiza umubiri iyo uziriye cyane

Ubushakashatsi bwo muri Kaminuza ya Harvard bwagaragaje ko igihe cyose uriye inyama itukura, ibyago byo gupfa biba byiyongereyeho 13%.

Aho kurya inyama zitukura zigutera ibibazo, inzobere zivuga ko wahitamo kurya ifi kuko ishobora kongera 7% y’amahirwe yo kubaho cyangwa ukarya imboga kuko zongera 10% yo kubaho neza. Ubunyobwa nabwo bugabanya 19% y’ibyago byo gupfa vuba.

Kuguma mu nzu igihe kirekire

Hari ubwo mu mpera z’icyumweru iyo nta mirimo myinshi yo gukora ufite uhitamo kuguma mu nzu, ureba filimi cyangwa ukina imikino itandukanye ukumva ko aribwo buryo bwiza bwo kuruhuka ariko uribeshya.

How Long Does It Take To Build a Tiny House? (DIY vs. Pro's) –  GoDownsize.com

Iyo wagumye mu nzu ntabwo ubasha guhumeka umwuka mwiza kuko umwuka wo mu nzu utayunguruye nk’uwo hanze, rero ibi iyo ubigize umuco nta kabuza uba uri gusatira urupfu kandi vuba.

Kudaha amafaranga agaciro kanini

Iyo ufite amafaranga mu ikofi yawe uba wumva nta cyakubuza kwishyura icyo ushaka cyaba gikenewe cyangwa kidakenewe. Nyamara hari ubwo ukoresha ya mafaranga nabi mu bihe bizaza ukisanga mu bukene bukabije kuko utabashije kwita kuyo wari ifite, ibi bikaba bishobora kugukurira urupfu rwihuse bitewe n’ubukene wikururiye. Hari abo birangira bagize indwara y’agahinda gakabije bakaba bakwiyahura n’ibindi.

Loose cash is meant to buy useless things. | FP TRAINING- Personal Training.
IMIKORESHEREZE MIBI YAMAFRANGA NAYO IRI MUBYANGIZA UBUZIMA BW’ UMUNTU

Kudafata neza ifunguro rya mu gitondo

Ifunguro rya mu gitondo ni rimwe mu mafunguro abantu bafata, ariko hari abatayafata kuko baba bashaka kuza kurya aya saa sita bameze neza.

Ntitwakwibagirwa ko hari abatayafata kuko ntayo babonye nyamara iri funguro rigira umumaro mu buzima bwacu.

Ubushakashatsi bwakozwe na American Heart Association bwagaraje ko umuntu ufata ifunguro rya mu gitondo aba afite ubuzima bwiza kuko utarifata aba afite ibyago bingana na 50% byo gupfa vuba.

10 Good Emotions Which Can Prove that a Weekend Breakfast Can Be a Great  Activity | Food & Drink | Blog | Elite World Hotels
Ifunguro rya mugitondo riba aringezi kubuzima

Ubu bushakashatsi kandi bwagaragaje ko iyo udafata neza ifunguro rya mu gitondo bishobora kugukururira ibyago byo kurwara diabète ndetse no kugira umubyibuho ukabije bikaba byakugeza ku rupfu vuba.

Kutanywa umuvinyo mwinshi

Inzoga nyinshi si nziza ku mubiri w’umuntu ariko alcool iba ikenewe mu mubiri w’umuntu kugira ngo urusheho gukora neza ,iyo ibaye nyinshi mu mubiri iteza ibibazo.

alcohols: 10 alcoholic drinks and their magic ingredients - Vodka | The  Economic Times
umvinyo mwinshi mubyangiza ubuzima

Ubushakashatsi bwashyizwe hanze n’ikinyamakuru Molecules, bwagaragaje ko kunywa ikirahure cy’umuvinyo bituma ubuzima bwawe bugenda neza.

Umuntu urenza ikirahure kimwe cy’umuvinyo ku munsi, inzobere zivuga ko aba yiyica kuko inzoga nyinshi zangiza umwijima.

Kutarya urusenda

Abantu benshi ntibakunda kurya urusenda bitewe nuko hari abavuga ko rubarya mu kanwa ariko urusenda rugira akamaro kanini ku buzima bw’umuntu.

Urusenda kimwe mu birungo bikunzwe waba uzi akamaro rufite?
rusenda buri munsi aba agabanya 14% byo gupfa vuba kurenza utayafata

Mu bushakashatsi bwakozwe na Kaminuza ya Harvard bwagaragaje ko umuntu ufata amafunguro arimo urusenda buri munsi aba agabanya 14% byo gupfa vuba kurenza utayafata .

Gukoresha cyane telefoni zigezweho (Smartphones)

Telefoni zigezweho ni kimwe mu bikoresho byoroheje ubuzima kuko amakuru yose ukeneye uba uyafite mu ntoki zawe, ariko bimaze kugaragara ko gukura amaso kuri telefoni ari ikibazo kigoye benshi.

Coronavirus survives for a very long time on cell phones, bank notes, ATMs  - NewsABC.net
kumara igihe kinini kuri telefone si byiza kubuzima

Igihe kinini umara kuri telefoni yawe gishobora kugukururira ibyago byinshi birimo nko kutagira umwanya munini wo gusinzira kandi kudasinzira neza bigukururira urupfu vuba.

Guhora utishimye

Hari abantu bahura n’ibibazo bakababara ariko uwo mubabaro ukabakukiramo ntibazongere kwishima na gato n’iyo yaba ari guseka bikaba bitamuvuye ku mutima.

Blog Therapy, Therapy, Therapy Blog, Blogging Therapy, Therapy,..
guhora uhangayitse byangiza ubuzima cyane

Uko guhora ubabaye bishobora kugutera indwara zitandukanye zirimo nk’umutima bikaba byatuma usatira urupfu vuba kandi kwishima ari nta kiguzi bigusaba.

Guhorana ubwoba bwo gupfa

Kugira ubwoba bw’uko uzapfa ntacyo biba biri bwongere ku minsi yo kubaho kwawe, ahubwo biba biyigabanya kuko uko ugira ubwoba bituma uhorana umutima uhagaze bikaba byatuma ya minsi yo kubaho kwawe igabanuka.

Fear of Losing Someone You Love | HealthyPlace
Kugira ubwoba bw’uko uzapfa bigabanya iminsi yo kubaho.
One thought on “Dore bimwe mu byo abantu bakunda gukora bishobora kubageza ku rupfu vuba”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *