• Tue. Oct 3rd, 2023

Dore uko icyumweru cya mber cya 2021 abatuye Kigali bagitangiye.

By

Jan 3, 2021
Let others know!

Kuri iki Cyumweru  tariki 3 Mutarama 2021, abatuye Umujyi wa Kigali bazindukiye muri Siporo Rusange izwi nka Car Free Day binjirana imbaraga mu mwaka mushya wa 2021 baha agaciro siporo nk’umwe mu miti ituma ubuzima burushaho kuba bwiza

MINISPORTS: Car Free Day mu Mujyi wa Kigali yagarutse
Abitabiriye sport rusange bashyiramo intera murwego rwo kwirinda covd 19

Iyi siporo yitabirwa n’ingeri zose ikorwa mu byiciro bitandukanye birimo kugenda n’amaguru, kwiruka, kugenda ku magare n’ibindi igasozwa hakorwa imyitozo ngororamubiri, abitabiriye bahurira ku bibuga byabugenewe.

Car Free Day Returns in Kigali Against All Odds – KT PRESS
Aba kora sport y’ igare nabo ntibatanzwe

Kuri ubu iri gukorwa hubahirizwa ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19 isi ihanganye na cyo zirimo kutegerana, kugendera mu matsinda n’ibindi.

Kuri iki Cyumweru bazindukiye muri iyi siporo itangira umwaka dore ko kuri benshi umwaka mushya bawufata nk’uw’impinduka, bahisemo kuwutangira bakora siporo.

Five guidelines to adhere to as Car Free Day returns | The New Times |  Rwanda

Iyi gahunda yatangijwe n’Umujyi wa Kigali muri Gicurasi 2016 mu rwego rwo gufasha abawutuye kugira ubuzima buzira umuze ndetse hagamijwe kurushaho kurwanya no gukumira indwara zitandura.

Iyi siporo ntikorwa mu Mujyi wa Kigali gusa kuko no hirya no hino mu gihugu mu Turere dutandukanye igikorwa nk’iki gitegurwayo.

Bamwe mu baturage bayitabira mu buryo buhoraho bavuga ko ari siporo y’ingirakamaro kandi ituma barushaho gusabana no kugira ubuzima bwiza.

Car-Free Day: Why you should opt in | The New Times | Rwanda
urubyiruko nirwo ruba rwigange muri sport rusange

iyinkuru tuyikesha Inyarwanda

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *