• Sun. Sep 24th, 2023

CHAN2020: Amavubi abonye itike ya 1/4 nyuma yo gutsinda TOGO

By

Jan 27, 2021
Let others know!

Ikipe y’u Rwanda y’umupira w’Amaguru, Amavubi, ibonye itike yo gukomeza mu cyiciro gikurikiyeho nyuma yo gutsinda Togo ibitego 3-2

Ku munota wa gatandatu w’umukino, Manzi Thierry yavunitse asimburwa na Emery Bayisenge.

Ku munota wa 17, Byiringiro Lague yakoreye ikosa ku mukinnyi wa Togo, ahita ahabwa ikarita y’umuhondo.

Byiringiro Lague yaje guhita azamukana umupira acenga abakinnyi babiri ba Togo, awuhereza Jacques Tuyisenge ateye mu izamu uca hejuru.

Ku munota wa 37, abakinnyi ba Togo baciye mu rihumye Amavubi, umupira ugera kuri kapiteni wa Togo ahita abatsindira igitego cya mbere.

Nyuma y’iminota Amavubi yari amaze asatira Togo, Emery Bayisenge yaje gutera Coup-franc, maze Niyonzima Olivier Sefu ahita ayitsinda n’umutwe, igice cya mbere kirangira ari igitego 1-1

Niyonzima Olivier Sefu yatsinze igitego cya mbere cyahaye icyizere ikipe y
Niyonzima Olivier Sefu yatsinze igitego cya mbere cyahaye icyizere ikipe y’u Rwanda

Ku munota wa 56, umutoza Mashami Vincent yakuyemo Kalisa Rachid utararangiza umukino n’umwe muri iri rushanwa asimburwa na Twizerimana Martin Fabrice.

Nyuma y’umunota umwe gusa, Togo yahise ibona igitego cya kabiri, ariko Amavubi na yo ku mupira wahinduwe na Ombolenga Fitina, Tuyisenge Jacques yahise atsindia Amavubi igitego cya kabiri.

Ku munota wa 60, Nshuti Dominique Savio yasimbuwe na rutahizamu Ernest Sugira. Nyuma y’iminota ibiri ageze mu kibuga, Ernest Sugira yaje guhita abona umupira acenga myugariro wa Togo ahita atsindira Amavubi igitego cya gatatu

Sugira yatsinze igitego cya Gatatu cyahesheje intsinzi u Rwanda
Sugira yatsinze igitego cya Gatatu cyahesheje intsinzi u Rwanda
Tuyisenge Jacques yatowe nk
Tuyisenge Jacques yatowe nk’umukinnyi mwiza w’uyu mukino

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *